Ihinduramatwara ry’Ingufu zisubira muri Afurika: Guhangana n’ihurizo ry’ibiciro

Ihinduramatwara ry’Ingufu zisubira muri Afurika: Guhangana n’ihurizo ry’ibiciro

Ishusho rusange y’Urugomero rwa Grand Ethiopian Renaissance Dam (GERD) ruherereye i Guba — Ifoto @Webuild_group.

GERD si umushinga w’inyubako gusa—rwahindutse ikimenyetso cy’igihugu cy’ubutwari n’ubwigenga, kenshi ruvugwa nk’“izuka rya Etiyopiya.” Uburyo bwo kurutera inkunga bwahaye Abanyetiyopiya basanzwe uruhare rutaziguye mu ntsinzi yarwo, bigaragaza ko ari intsinzi rusange.
Inkuru yateguwe na Aimable Twahirwa.

Inkuru yateguwe na Aimable Twahirwa

Gutera inkunga imishinga y’ingufu zisubira muri Afurika biracyari ihurizo ku bashoramari bo mu rwego rw’abikorera n’abafata ibyemezo bya politiki, n’ubwo uyu mugabane uri gusabwa cyane kongera umuvuduko mu ihinduramatwara y’ingufu.

Bateraniye ku ruhande rw’Inama ya kabiri y’Ubufatanye bwa Afurika mu Ishoramari ry’Ingufu zisubira (APRA 2025), yabereye i Freetown muri Sierra Leone kuva ku wa 20 kugeza ku wa 23 Ukwakira 2025, itsinda ry’inzobere mu by’ingufu ryagaragaje akamaro k’ihutirwa ryo gushyiraho “sisiteme z’imishinga y’ingufu yizewe” ishobora gukurura abaterankunga.

Inzobere zaganiriye kandi ku kamaro ko gukusanya uburyo bw’ishoramari buvanze no gukoresha amabuye y’agaciro y’ingenzi ku mikorere y’ingufu zisubira. Ibi bibazo bigaragaza umuvuduko uri kwiyongera ku mugabane w’Afurika mu gushaka inzira z’ishoramari zifatika no kongera imbaraga mu ihinduramatwara y’ingufu zisubira.

Intumwa zagaragaje ko inzitizi ikomeye kugeza ubu ari ingorane ibihugu byinshi bya Afurika bihura nazo mu kwagura uburyo bwo kubona ingufu (amashanyarazi), mu gihe binagerageza kugera ku ntego z’isi zo kugabanya imyuka ya carbone (décarbonisation) no kubahiriza politiki z’inganda zirengera ibidukikije.

Ikigo Mpuzamahanga gishinzwe Ingufu zisubira (IRENA) cyaburiye ko ibikorwa nk’imirima y’umuyaga, inganda z’amashanyarazi akomoka ku izuba n’ibikorera ku bimera bisaba ishoramari rikomeye kugira ngo bigerweho mu ihinduramatwara ry’ingufu ryari ryarategerejwe. Ku rwego rw’isi, IRENA yerekana ko ubushobozi bw’ingufu zisubira bugomba kwiyongera kuri 1,000 GW buri mwaka kugeza mu 2030 kugira ngo intego yo kugabanya ubushyuhe bw’isi ku gipimo cya 1.5 °C igumane amahirwe yo kugerwaho.

Ku rwego rw’umugabane, Umuyobozi Mukuru wa IRENA, Francesco La Camera, yashimangiye ko hakenewe ubufatanye bwihutirwa: imari ihendutse igomba gutuma imishinga ifatika ishyirwa mu bikorwa niba Afurika ishaka kurenga inzitizi z’amikoro zihoraho. Mu gutangiza iryo huriro, yagize ati: “Iterambere ry’ingufu zisubira no gukoresha neza ingufu bisaba ingano y’amafaranga menshi cyane kandi ahendutse.”

APRA ubwayo ni umuryango mpuzamahanga uyobowe n’ibihugu bya Afurika byiyemeje guteza imbere ingufu zisubira no guteza imbere inganda zita ku bidukikije. Abanyamuryango bayo barimo Djibouti, Etiyopiya, Ghana, Kenya, Mozambike, Namibiya, u Rwanda, Sierra Leone, Uganda na Zimbabwe. Abafatanyabikorwa nka Alemaniya, Danemarke, Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Japon batanga ubunararibonye n’inkunga y’amafaranga.

 

Gigawatt Global Photo Sma.de

Uruganda rw’amashanyarazi y’izuba rwa Gigawatt Global ruherereye mu Mudugudu w’Urubyiruko wa Agahozo Shalom mu Rwanda. Ifoto: Gigawatt Global.

Mu Rwanda, imbaraga zashyizwe mu kongera umusaruro w’ingufu zisubira zamaze gutanga umusaruro. Igihugu cyihaye intego y’uko kugeza mu mwaka wa 2030, 60% by’ingufu gikoresha bizaba bikomoka ku ngufu zisubira nk’iz’amazi n’iz’imirasire y’izuba.

Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Dr Jimmy Gasore, asanga izi mbaraga zizafasha u Rwanda kugera ku Ntego z’Iterambere Rirambye (SDGs) binyuze mu kurandura ubukene no kugabanya ubusumbane. Yabwiye Mongabay ati: “Tugomba rwose kuvugurura no kunoza ibikorwaremezo byacu kugira ngo tubijyanishe n’icyerekezo gishya cy’urwego rw’ingufu turi kubaka.”

Dr Kandeh Yumkella, uyobora Igikorwa cya Perezidansi ya Sierra Leone ku Mihindagurikire y’Ikirere, Ingufu zisubira mu bidukikije n’Umutekano w’Ibiribwa (PI‑CREF), akaba n’umuyobozi w’Itsinda rihuza imiyoborere y’ingufu muri Afurika (EGCG), yavuze ko ibikorwa bya APRA bizafasha ibihugu bya Afurika gukomeza impinduka z’ingufu zisubira mu bidukikije. Iki gikorwa cyatangijwe mu Nama y’Ikirere ya Afurika yabereye i Nairobi muri Nzeri 2023, kigamije kugeza ku mugabane wose uburyo bw’ingufu zisukuye kandi zikomeye kurushaho.

IRENA ibara ko ibyifuzo by’ingufu muri Afurika bizikuba kabiri bitarenze 2040. Nta mpinduka mpuzamahanga mu rwego rw’ingufu, intego y’Amasezerano ya Paris yo kugabanya ubushyuhe ku gipimo cya 1.5 °C izakomeza kuba kure. Mu 2018, gusa 20% by’amashanyarazi ya Afurika ni yo yakomokaga ku ngufu zisubira. Mu 2019, ebyiri kuri eshatu z’ubushobozi bushya bw’amashanyarazi ku isi byari ingufu zisubira—ariko Afurika yihariye gusa 2% by’iyo nyongera.
« Ces actions nécessitent un financement accru et une collaboration nationale, régionale et internationale renforcée. » Le Dr Yumkella a déclaré à Mongabay.

IRENA ibara ko ubushobozi bwa Afurika mu ngufu zisubira bugera kuri TWh miliyoni 2.4 buri mwaka—bingana inshuro 50 z’icyo isi izaba ikeneye mu 2050. Ariko munsi ya 10% by’ubu bushobozi ni bwo bukomeje gukoreshwa, kubera inzitizi z’imari, inzego n’ibikorwaremezo.

image2 Zoumkella2

Itsinda ry’abaganiraga mu nama ya kabiri y’Isoko ry’Ishoramari mu Ngufu zisubira (APRA 2025), yabereye i Freetown muri Sierra Leone kuva ku wa 20 kugeza ku wa 23 Ukwakira 2025. Ifoto yatanzwe na Aimable Twahirwa.

Advertisement

La transition énergétique en Afrique: Relever le défi des coûts

La transition énergétique en Afrique: Relever le défi des coûts

Vue générale du Grand barrage de la Renaissance éthiopienne (GERD) à Guba — Photo @Webuild_group.

Le GERD est plus qu’un projet d’infrastructure : il est devenu un symbole national de fierté et d’indépendance, souvent décrit comme la « renaissance » de l’Éthiopie. Son modèle de financement a donné aux Éthiopiens ordinaires une participation directe dans la réussite du barrage, renforçant son rôle d’accomplissement collectif.

Dossier de Aimable Twahirwa

Le financement des projets d’énergie verte en Afrique reste une énigme pour les acteurs du secteur privé et les décideurs politiques, même si le continent fait face à une pression croissante pour accélérer sa transition énergétique.

Réunis en marge de la deuxième édition du Forum du Partenariat Africain pour l’Investissement dans les Énergies Renouvelables (APRA 2025), qui s’est tenu du 20 au 23 octobre à Freetown, en Sierra Leone, un groupe d’experts en énergie a souligné la nécessité urgente d’établir des « systèmes organisés de projets énergétiques bancables » susceptibles d’attirer le financement des donateurs.

Leurs discussions ont également porté sur l’importance de mobiliser des financements mixtes et de tirer parti des minéraux stratégiques essentiels aux systèmes d’énergie renouvelable. Ces préoccupations reflètent la dynamique croissante sur le continent visant à débloquer des voies d’investissement viables et à accélérer la transition vers l’énergie verte en Afrique.

Les délégués ont déploré que le plus grand obstacle à ce jour soit la difficulté rencontrée par de nombreux pays africains pour élargir l’accès à l’énergie tout en atteignant les objectifs mondiaux de décarbonisation et en s’alignant sur les politiques industrielles vertes.

L’Agence internationale pour les énergies renouvelables (IRENA) a averti que des initiatives telles que les parcs éoliens, les centrales solaires et les installations de biomasse exigent des investissements considérables pour concrétiser la transition énergétique tant attendue. À l’échelle mondiale, l’IRENA prévoit que la capacité en énergies renouvelables devra augmenter de 1 000 GW par an d’ici 2030 pour que l’objectif climatique de 1,5 °C reste atteignable.

Au niveau continental, le directeur général de l’IRENA, Francesco La Camera, a souligné l’urgence d’une action collective : le capital abordable doit permettre de réaliser des projets viables si l’Afrique veut surmonter les barrières financières persistantes. « Le développement des énergies renouvelables et de l’efficacité énergétique nécessite des volumes bien plus importants de financement abordable », a-t-il déclaré lors de l’ouverture du forum.

L’APRA est une alliance internationale dirigée par des nations africaines déterminées à favoriser les énergies renouvelables et l’industrialisation verte. Elle compte parmi ses membres Djibouti, l’Éthiopie, le Ghana, le Kenya, le Mozambique, la Namibie, le Rwanda, la Sierra Leone, l’Ouganda et le Zimbabwe. Des partenaires tels que l’Allemagne, le Danemark, les Émirats arabes unis, les États-Unis et le Japon apportent leur expertise et un soutien financier.

 

Gigawatt Global Photo Sma.de

Centrale solaire Gigawatt Global au village de jeunes Agahozo Shalom au Rwanda. Photo : Gigawatt Global.

Au Rwanda, les efforts pour étendre la production d’énergies renouvelables ont déjà porté leurs fruits. Le pays s’est fixé pour objectif d’approvisionner 60 % de son énergie dans les énergies renouvelables telles que l’hydroélectricité et le solaire d’ici 2030. Le ministre des Infrastructures, le Dr Jimmy Gasore, estime que ces efforts aideront le Rwanda à atteindre les Objectifs de Développement Durable en mettant fin à la pauvreté et aux inégalités. « Nous devons effectivement moderniser et rénover nos infrastructures afin de les adapter au nouveau système énergétique que nous créons », a-t-il déclaré à Mongabay.

Le Dr Kandeh Yumkella, chef de l’Initiative présidentielle de la Sierra Leone sur le changement climatique, les énergies renouvelables et la sécurité alimentaire (PI-CREF), et président du Groupe de coordination de la gouvernance énergétique en Afrique (EGCG), a déclaré que le travail de l’APRA permettra aux nations africaines de soutenir la transition verte. Lancée lors du Sommet africain sur le climat à Nairobi en septembre 2023, l’initiative vise à fournir des systèmes énergétiques plus propres et plus résilients à travers le continent.

L’IRENA estime que la demande énergétique de l’Afrique doublera d’ici 2040. Sans une transformation mondiale du secteur de l’énergie, l’objectif de 1,5 °C de l’Accord de Paris restera hors de portée. En 2018, seulement 20 % de l’électricité de l’Afrique provenait d’énergies renouvelables. En 2019, les deux tiers des nouvelles capacités électriques mondiales étaient renouvelables, mais l’Afrique ne représentait que 2 % de ces ajouts.    « Ces actions nécessitent un financement accru et une collaboration nationale, régionale et internationale renforcée. » Le Dr Yumkella a déclaré à Mongabay.

Pour le Rwanda, les partenariats public-privé sont considérés comme essentiels. Serge Wilson Muhizi, directeur exécutif de « Energy Private Developers » (EPD), a souligné que de tels partenariats sont essentiels à la croissance économique à long terme, à la création d’emplois et à l’amélioration de l’accès à l’énergie. « Face à l’urgence climatique, les partenariats public-privé se distinguent comme une solution prometteuse pour accélérer le développement des énergies renouvelables au Rwanda ainsi qu’ailleurs en Afrique », a-t-il déclaré.

L’IRENA évalue le potentiel de l’Afrique en énergies renouvelables à 2,4 millions de TWh par an, soit 50 fois la demande mondiale prévue pour 2050. Pourtant, moins de 10 % de ce potentiel est actuellement exploité, entravé par des obstacles financiers, institutionnels et infrastructurels.

image2 Zoumkella2

Un panel lors de la deuxième édition du Forum sur l’investissement dans les énergies renouvelables (APRA 2025), qui s’est tenu du 20 au 23 octobre 2025 à Freetown, en Sierra Leone. Image fournie par Aimable Twahirwa.

Advertisement

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Stay Ahead of the Curve

Stay Ahead of the Curve

Get the stories shaping tomorrow, delivered directly to your inbox.

Newsletter

Ne manquez pas les promotions et les nouveautés que nous réservons à nos fidèles abonnés.
Votre adresse de messagerie est uniquement utilisée pour vous envoyer notre lettre d'information ainsi que des informations concernant nos activités. Vous pouvez à tout moment utiliser le lien de désabonnement intégré dans chacun de nos mails.

You have Successfully Subscribed!

Pin It on Pinterest

Share This